KENYA: Mushiki wa RAILA ODINGA wigeze kuyobora Guverinoma ya Kenya yapfuye urupfu rutunguranye

Nyuma yu kwezi kumwe gusa Raila Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya apfuye, umuryango we wongeye gusubira mu bihe by’akababaro, nyuma yo kubura umuhererezi mu muryango wabo akaba mushiki wa Odinga, Beryl Achieng Odinga.

Nov 26, 2025 - 01:20
 0
KENYA: Mushiki wa RAILA ODINGA wigeze kuyobora Guverinoma ya Kenya yapfuye urupfu rutunguranye

Nyuma yu kwezi kumwe gusa Raila Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya apfuye, umuryango we wongeye gusubira mu bihe by’akababaro, nyuma yo kubura umuhererezi mu muryango wabo akaba mushiki wa Odinga, Beryl Achieng Odinga.

Umuryango we watangaje ko yitabye Imana kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2025, azize urupfu rutunguranye, akaba asize abana batatu.

Beryl yari we muto mu muryango wa Jaramogi Oginga Odinga na Mary Ajuma Oginga, akaba kandi mushiki wa Raila Odinga, Senateri Oburu Oginga, na Akinyi Wenwa.

Mukuru we, Ruth Odinga, yatangaje ko umuryango ufite agahinda gakomeye kubera urupfu rwe, ndetse ko n’ubwo atagihari bafite icyizere ko ari mu biganza by’Imana. Yongeraho ko bishimiye igihe bamaranye na we ubwo yari agihari.

Urupfu rwa Beryl ruje nyuma y’ukwezi kumwe gusa musaza we Raila Odinga yitabye Imana, waguye mu Buhinde tariki 15 Ukwakira 2025, aho yari yaragiye kwivuriza. Bivugwa ko yazize uguhagarara k’umutima ubwo yari ari kugenda mu masaha y’igitondo.

Icyo gihe Perezida wa Kenya, William Ruto, yashyizeho iminsi irindwi y’icyunamo mu gihugu, asaba ko ibendera ry’igihugu ryururutswa kugeza hagati, mu rwego rwo guha icyubahiro Raila Odinga wari umaze gutabaruka.