MUHANGA: Abarenga 30 mu batawe muri yombi kubera kwiyita abakozi ba Minisiteri y'Ijuru.

Abantu 33 bo mu Karere ka Kamonyi, mu Ntara y'Amajyepfo, batawe muri yombi bakurikiranyweho Kugumura Abaturage bo mu Mirenge itandukanye igize ako Karere, aho bababuzaga kutagira gahunda n'imwe ya leta bitabira nk'uko babitumwe na Minisiteri y' Ijuru.

Nov 24, 2025 - 17:17
Nov 24, 2025 - 17:19
 1
MUHANGA: Abarenga 30 mu batawe muri yombi kubera kwiyita abakozi ba Minisiteri y'Ijuru.

Abantu 33 bo mu Karere ka Kamonyi, mu Ntara y'Amajyepfo, batawe muri yombi bakurikiranyweho Kugumura Abaturage bo mu Mirenge itandukanye igize ako Karere, aho bababuzaga kutagira gahunda n'imwe ya leta bitabira nk'uko babitumwe na Minisiteri y' Ijuru.

Abafashwe bose bafashwe ku wa Gatandatu no mu rukerera rwo ku Cyumweru, tariki ya 23 Ugushyingo 2025, mu Midugudu n’Utugari dutandukanye tw’Umurenge wa Nyarubaka, mu Karere ka Kamonyi.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarubaka buvuga ko muri abo bose bafashwe bakuyemo abantu 8 bigaragara ko aribo bari ku ruhembe rw’ayo matsinda baremye, mu gihe abandi basubijwe mu ngo zabo kugira ngo abe ariho bakurikiranirwa.

Amakuru avuga ko umugore umwe mu bafashwe, yafashwe ari mu isantere y’ubucuruzi ya Kagarama arimo atanga amatangazo yo Kubuza abaturage kuzafata Indangamuntu Koranabuhanga ngo kuko ari ikimenyetso cya sitani.

Avuga ko mu buzima busanzwe biremyemo amatsinda bakaba banafite amahame yabo bwite bagenderaho, aho batagira gahunda n’imwe ya Leta bakurikiza, nta Ndangamuntu agira, nta Mituweli de Santé agira, kuko kwivuza mu muryango we bakoresha ibimera kandi bakaba

Uwo mugore nta Ndangamuntu agira kuko indangamuntu ye ari Bibiliya naho Mituweli yo ngo si ngombwa kuko arindwa n’Imana, ntibakingiza abana, ntibabavuza mu gihe abana babo bo ngo biga mu mashuri y’abana b’Imana n'ibindi.

Abo bari bariremyemo amatsinda maze bagafata Megafone bakajya ku misozi bakabwira abaturage ko bagomba guhunga, aho bavugaga ko ari ubutumwa bahawe na Minisiteri y’Ijuru.